UMUNARA W’UMURINZI WO KWIGWA Ukuboza 2015

Iyi gazeti irimo ibice bizigwa kuva ku itariki ya 1 kugeza ku ya 28 Gashyantare 2016.

Ese uribuka?

Reba niba hari ibyo wibuka mu byavuzwe mu magazeti y’Umunara w’Umurinzi yasohotse mu mezi atandatu ashize.

Yehova ni Imana ivugana n’ibiremwa byayo

Kuba Imana ikoresha indimi zitandukanye kugira ngo imenyeshe abantu ibitekerezo byayo bitwigisha isomo ry’ingenzi cyane.

Ubuhinduzi buzima bw’Ijambo ry’Imana

Amahame atatu Komite y’Ubuhinduzi bwa Bibiliya y’isi nshya yakurikije.

Bibiliya ivuguruye y’Ubuhinduzi bw’isi nshya

Bimwe mu bintu by’ingenzi byanonosowe muri iyi Bibiliya ni ibihe?

Jya ukoresha neza ururimi rwawe

Urugero rwa Yesu rwadufasha rute kumenya igihe cyo kuvuga, amagambo twavuga n’uko twavuga?

Yehova azakwiyegamiza

Twagombye kubona dute uburwayi, kandi se ni iki twakora?

INKURU IVUGA IBYABAYE MU MIBEREHO

Mbanye amahoro n’Imana kandi ubu numvikana na mama

Igihe Michiyo Kumagai yarekaga gusenga abakurambere, ntiyongeye kumvikana na nyina. Michiyo yakoze iki ngo bongere kumvikana?

Irangiro ry’ingingo zasohotse mu Munara w’Umurinzi mu mwaka wa 2015

Urutonde rw’ingingo zasohotse mu magazeti agenewe abantu bose no mu magazeti yo kwigwa.